Download PDF
Back to stories list

Abana Mu Biruhuko Kwa Nyirakuru Likizo kwa bibi

Written by Violet Otieno

Illustrated by Catherine Groenewald

Translated by Aloysie Uwizeyemariya

Language Kinyarwanda

Level Level 4

Narrate full story The audio for this story is currently not available.


Umutoni na Hirwa babanaga na se mu mugi. Bifuzaga ko ibiruhuko bigera vuba. Ibyo ntibyari ukubera ko bashaka kuruhuka amasomo gusa, ahubwo bashakaga no kujya gusura Nyirakuru. Nyirakuru yari atuye hafi y’ikiyaga kinini hakaba harakorerwaga imirimo y’uburobyi cyane.

Odongo na Apiyo waliishi mjini na baba yao. Walisubiri likizo kwa hamu. Siyo tu kwa shule kufungwa, bali ni kwa sababu walienda kumtembelea bibi yao. Aliishi katika kijiji cha uvuvi karibu na ziwa kubwa.


Umutoni na Hirwa bari banejejwe cyane nuko igihe cyari kigeze ngo basubire gusura nyirakuru. Bapakiye ibikapu byabo bitegura urugendo rurerure bagombaga gukora bukeye bwaho. Iryo joro ntibasinziriye, baraye bavuga iby’ibiruhuko.

Odongo na Apiyo walichangamka kwani ulikuwa wakati wa kumtembelea bibi kwa mara nyingine. Usiku huo, walipanga mizigo yao na kujiandaa kwa safari ndefu ya kwenda kijijini. Hawakuweza kulala ila waliongea usiku kucha juu ya likizo yao.


Mu gitondo kare kare, bafashe inzira bajya mu cyaro kwa nyirakuru. Se yari abatwaye mu modoka ye. Baragiye barenga imisozi bafata iyindi, banyura ku nyamaswa zo mu gasozi, baca ku mirima y’icyayi barakomeza. Bagendaga babara imodoka banyuzeho ndetse bakanaririmba uturirimbo.

Mapema asubuhi iliyofuata, waliondoka katika gari la baba yao kuelekea kijijini. Walipita milima, wanyama pori na mashamba ya majani ya chai. Walihesabu magari na kuimba nyimbo.


Byageze aho abana barananirwa barasinzira.

Baada ya muda, watoto walichoka na kusinzia.


Bagezeyo se arabakangura. Basanze nyirakuru Nyirakamana yiryamiye ku musambi munsi y’igiti. Nyirakamana yari umukecuru mwiza kandi ugifite imbaraga.

Baba aliwaamsha Odongo na Apiyo walipofika kijijini. Walimkuta bibi yao, Nyar-Kanyada, akipumzika kwenye mkeka chini ya mti. Kwa Dholuo, Nyar-Kanyada maana yake ni ‘binti wa watu wa Kanyada’. Alikuwa ni mwanamke mrembo na imara.


Nyirakuru yabahaye ikaze abinjira mu ruganiriro. Ibyishimo byinshi biramusaba arabaririmbira ari nako azenguruka icyumba acinya akadiho. Abana nabo bari bishimiye kumushyikiriza impano bari bamuzaniye. Umutoni ati: “Fungura impano yange nyogoku!” Hirwa na we ati: “Oya ndanze, banza iyange nyogoku!”

Nyar-Kanyada aliwakaribisha ndani kwa kucheza na kuimba kwa furaha. Wajukuu wake walikuwa na shauku ya kumpa zawadi walizomletea kutoka mjini. “Fungua yangu kwanza,” Odongo alisema. “Hapana, yangu kwanza!” Apiyo akasema.


Amaze gufungura izo mpano, Nyirakamana yabahaye umugisha wa kibyeyi.

Baada ya kufungua zawadi, Nyar-Kanyada aliwabariki wajukuu wake kitamaduni.


Hashize akanya, Umutoni na Hirwa barasohoka bajya gukina n’utunyoni n’utunyugunyugu.

Kisha Odongo na Apiyo wakaenda nje. Waliwakimbiza vipepeo na ndege.


Buriye ibiti bakidumbura mu mazi y’ikiyaga.

Walipanda kwenye miti na kurushiana maji ziwani.


Babonye bwije basubiye mu nzu bafata ifunguro rya nijoro. Bafashwe n’ibitotsi bataranarangiza kurya.

Giza Iilipoingia, walirudi nyumbani kwa ajili ya chakula cha jioni. Kabla hata ya kumaliza kula, walikuwa wanasinzia!


Bukeye bw’aho, se yafashe urugendo yisubirira mu mugi abasiga kwa Nyirakamana.

Siku iliyofuata, baba yao alirudi mjini na kuwaacha na Nyar-Kanyada.


Umutoni na Hirwa bafashaga nyirakuru gukora imirimo yo mu rugo. Bavomaga amazi bakanatashya inkwi. Bajyaga no gutora amagi mu nzu y’inkoko, bakanasoroma imboga mu karima k’igikoni.

Odongo na Apiyo walimsaidia bibi yao na kazi za nyumbani. Walichota maji na kuokota kuni. Walikusanya mayai ya kuku na kuchuma mboga za majani kutoka kwenye bustani.


Nyirakamana yigishaga abuzukuru be gukora umutsima wo kurisha isosi. Yanaberekaga uko bateka umuceri wo kurisha ifi yokeje.

Nyar-Kanyada aliwafundisha wajukuu wake jinsi ya kupika ugali mwepesi wa kula na mchuzi. Aliwaonesha namna ya kupika wali wa nazi wa kuliwa na samaki wa kukaanga.


Umunsi umwe Hirwa yahuye inka za nyirakuru, zijya mu murima w’umuturanyi. Uwo muturanyi byaramubabaje, atera ubwoba Hirwa ko atwara izo nka kuko zamwoneye. Bukeye bw’aho Hirwa yaritwararitse ngo inka zitongera kumuteza ibibazo.

Asubuhi moja, Odongo aliwapeleka ng’ombe wa bibi yake malishoni. Wakakimbilia ndani ya shamba la jirani. Mwenye shamba alikasirishwa sana na Odongo. Akatishia kuwazuia ng’ombe kula mimea yake. Tangu siku hiyo, Odongo alihakikisha kwamba ng’ombe hawaingii matatani tena.


Undi munsi, abana bajyanye na nyirakuru ku isoko. Yacuruzaga imboga, isukari n’isabuni. Umutoni yakundaga kubwira abakiriya ibiciro by’ibicuruzwa, Hirwa na we akabapyunyikira ibyo baguze.

Siku nyingine watoto walikwenda sokoni pamoja na Nyar-Kanyada. Nyar-Kanyada alikuwa na kibanda cha kuuza mboga, sukari na sabuni. Apiyo alipenda kuwatajia wateja bei za bidhaa. Odongo aliwafungia wateja bidhaa walizonunua.


Barangije gucuruza basangiye icyayi, banafasha nyirakuru kubara amafaranga yavuye mu byo bacuruje.

Mwisho wa siku walikunywa chai pamoja. Walimsaidia bibi yao kuhesabu pesa alizozipata.


Hashize igihe gito ibiruhuko birarangira. Abana bagombaga gusubiraa mu mugi. Nyirakamana yahaye Hirwa ingofero, Umutoni we amuha umupira w’imbeho. Arangije abapfunyikira impamba y’urugendo.

Likizo ilikaribia kuisha na watoto walitakiwa kurudi mjini. Nyar-Kanyada alimpa Odongo kofia na Apiyo sweta. Aliwafungia chakula cha kula safarini.


Se agarutse kubafata, ntibifuzaga gutaha. Binginga Nyirakamana ngo bajyane mu mugi. Aramwenyura ati: “Bana banjye ndashaje sinaba mu mugi. Nzajya ntegereza ko muza kunsura.”

Baba yao alipokuja kuwachukua, hawakutaka kuondoka. Walimuomba Nyar-Kanyada aende nao mjini. Alitabasamu na kusema, “Nimezeeka, siyawezi ya mjini. Nitasubiri mje kijijini kwangu tena.”


Umutoni na Hirwa baramuhobera cyane bamusezeraho.

Odongo na Apiyo walimkumbatia kwa pamoja na kumuaga.


Umutoni na Hirwa basubiye ku ishuri babwira inshuti zabo iby’ubuzima bwo mu cyaro. Abana bamwe bumva ubuzima bwo mu mugi ari bwo bwiza. Abandi bumva kuba mu cyaro ari byiza kurusha kuba mu mugi. Icyo bose bahurijeho ni uko Umutoni na Hirwa bafite nyirakuru mwiza.

Odongo na Apiyo waliporudi shuleni, waliwasimulia marafiki zao kuhusu maisha ya kijijini. Baadhi ya watoto waliamini kuwa maisha ya mjini ni mazuri. Wengine waliamini kijijini ni bora zaidi. Lakini zaidi ya yote, kila mmoja alikubali kwamba Odongo na Apiyo walikuwa na bibi wa kipekee.


Written by: Violet Otieno
Illustrated by: Catherine Groenewald
Translated by: Aloysie Uwizeyemariya
Language: Kinyarwanda
Level: Level 4
Source: Holidays with grandmother from African Storybook
Creative Commons License
This work is licensed under a Creative Commons Attribution 4.0 International License.
Options
Back to stories list Download PDF